Polisi y’u Rwanda yasezereye ku mugaragaro abapolisi 150 mu kiruhuko cy’izabukuru


DIGP Ujeneza yashimiye ubwitange, imyitwarire myiza n’urukundo rw’igihugu byaranze aba bapolisi mu rugendo rwabo rw’akazi,

Mu muhango w’icyubahiro wabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, abapolisi 150 barimo ba ofisiye bato 45 na ba su-ofisiye 105 basezerewe ku mugaragaro, bashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka myinshi bakorera igihugu.

 Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda (DIGP), DCG Jeanne Chantal Ujeneza, ni we wayoboye uyu muhango. Yashimiye aba bapolisi ku bwitange, ubunyamwuga n’imyitwarire myiza bagaragaje mu myaka yose bamaze bari mu nshingano z’umutekano w’igihugu.

DIGP Ujeneza yagize ati:“N’ubwo mugiye mu kiruhuko cy’izabukuru, akazi ko kurwanya icyahungabanya umutekano w’igihugu karakomeza kandi tuzakomeza dufatanye nk’uko bisanzwe.”Yashimiye kandi imiryango y’aba bapolisi, yagaragaje uruhare rwayo mu kubaba hafi, no kwihanganira ingorane zitandukanye zirimo kuba batari hafi yabo kubera akazi katoroshye bagiye bakora hirya no hino mu gihugu.

CIP (rtd) Bernard Gahonzire, wari uhagarariye abashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku cyizere yabagaragarije mu myaka yose bamaze bakora.

Yagize ati:“Igihe tumaze mu kazi ni urugendo rurerure twigiyemo byinshi bizaduherekeza mu buzima. Twashimiwe, twubashwe kandi twigishijwe gukunda igihugu kuruta byose.”

Yanashimye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ku kuba bwarababaye hafi mu nshingano zabo, bubashyigikira haba mu bitekerezo no mu mikorere ya buri munsi.

Mu gusoza, DIGP Ujeneza yasabye abasezerewe gukomeza kuba urugero rwiza mu baturage, barangwa n’indangagaciro z’umupolisi w’u Rwanda: gukunda igihugu, ubupfura, ubunyangamugayo n’ubwitange.

Uyu muhango usize isomo rikomeye ry’uko umurimo w’umutekano uhabwa agaciro, kandi abawukora bashimirwa mu buryo bubereye igihe barangizanyije icyubahiro.


SOURCE: https://bwiza.com/

Post a Comment

0 Comments